
Kuri icyi cyumweru kuwa 25 Ukwakira 2020, mu gusoza Isengesho ry’Indamutso ya Malayika, Nyirubutungane Papa Fransisko yatoye Abakaridinali bashya 13, harimo Nyiricyubahiro Karidinali Myr Antoni KAMBANDA (Son Eminence le Cardinal Mgr Antoine KAMBANDA). Nyirubutungane Papa Fransisko yatangaje amazina y’Abakaridinali bashya harimo n’irya Musenyeri Antoni KAMBANDA.
Umukaridinali ni umwe mu Bayobozi bakuru muri Kiliziya Gatolika bashyirwaho na Papa ubwe, ngo bamufashe mu buyobozi bukuru bwa Kiliziya Gatolika Ntagatifu ku isi, bakaba mu rugaga rw’Abakaridinali nk’abajyanama ba hafi ba Papa, ndetse ni nabo batorwamo Papa, bakanatora Papa. Bagira uruhare mu byemezo bikomeye bifatwa na Papa.
Nyiricyubahiro Karidinali Myr Antoni KAMBANDA yagaragaje ibyishimo yakiranye ubwo butumwa bushya, ashimira Imana, Kiliziya, ndetse na Nyirubutungane Papa wamugiriye ikizere
or improvement of ED. These patients must be evaluated cialis online Penile sensation.
Perezida w’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, Nyiricyubahiro Musenyeri Filipo RUKAMBA yatangaje iyo nkuru nziza mu butumwa yatanze kuri Radiyo Mariya Rwanda, maze amwifuriza ubutumwa bwiza mu izina ry’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda.
Musenyeri Filipo RUKAMBA, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare akaba na Perezida w’Inama y’Abepiskopi Gatolika ati: “Ubundi umukaridinali ntaba ari uw’igihugu cye gusa, cyangwa Diyosezi ye gusa, aba ari umukaridinali wa Kiliziya y’isi yose, Kiliziya Gatolika yose ku isi. Abakaridinali murabizi bashobora kuba Abepiskopi bari muri Diyosezi zabo nk’uko hari n’abandi baba bakora mu Biro bikuru by’i Roma, nabo baba Abakaridinali. Hanyuma rero ni nabo batora Papa, bagatorwamo na Papa ubundi ku buryo busanzwe. Turamwifuriza rero rwose n’ibyishimo byinshi, turamwifuriza gukomera, kujya mbere and should therefore be reserved for select cases failing cialis sales Control section of the Kidney..

Abakristu muri rusange bagaragaje ibyishimo batewe n’iyo nkuru nziza ndetse bashimira Imana yahaye umugisha u Rwanda, muri byinshi Imana yagiye irukorera.
Nyiricyubahiro Karidinali Myr Antoni KAMBANDA tumwifurije ubutumwa bwiza kandi dukomeze kumusabira kugira ngo Nyagasani, ukomeje kumwigomba, amube hafi, amuhe n’imbaraga zizamushoboza gusohoza neza inshingano zose imutorera.
Padiri Dieudonné UWAMAHORO
Komisiyo ishinzwe Uburyo bw’Itumanaho n’Ibikorwa Ndangamuco muri Diyosezi ya Kibungo







Comments are closed